Minisiteri ya Siporo yasabye imbabazi abakomerekeye kuri Sitade Amahoro

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Urwego rushinzwe imikino mu Rwanda ari narwo rwateguye gahunda yiswe Umuhuro mu Mahoro rwiseguye ku banyarwanda bagiriye ibibazo mu mubyigano udasanzwe w’abashakaga kwinjira muri Sitade Amahoro kuwa 15 Kamena.

Muri uyu Muhuro wari wateguwe mo umukino hagati y’amakipe akunzwe Rayon Sport na APR FC byatangiye kuvugwa ko amatike yo kwinjira yagurishijwe yose uko ari 45,000 umunsi umwe mbere y’umukino. Ndetse byari byitezwe ko Sitade ifungurwa saa sita z’amanywa. Siko byagenze ariko kuko imiryango ya Sitade yafunguwe bikererewe. Ibi byateye umubyigano ndetse bamwe mu bitabiriye uyu mukino barahutazwa, barakomereka, harimo n’abajyanwe kwa Muganga.

Ministeri ya Siporo ivuga ko mu bajyanwe kwa muganga bose ubu batashye, umwe ari we ugikurikiranwa n’abaganga.

- Advertisement -

Muri uyu muvundo kandi hari bimwe mu bikorwa remezo byangiritse birimo uruzitiro rwa Sitade.

Ministeri ya Siporo muri iri tangazo ikemeza ko hafashwe ingamba ko ibi bitazasubira.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
11:39 pm, Sep 19, 2024
temperature icon 19°C
light rain
Humidity 68 %
Pressure 1013 mb
Wind 7 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 10 km
Sunrise Sunrise: 5:50 am
Sunset Sunset: 5:56 pm

Inkuru Zikunzwe