Perezida Kagame yagaragaje ubufatanye nk’inzira igeza ku ntsinzi

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Perezida Kagame yavuze ko kugera ku ntsinzi nta muntu umwe ubyishobozi ahubwo bigerwaho habayeho gushyigikirwa n’abamuri hafi, ubuyobozi n’abandi. Umukuru w’Igihugu yabitangaje ubwo yari mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku bagera kuri 431 barangije amasomo muri Kaminuza ya African Leadership University.

Kuva ALU yatangira gukorera mu Rwanda, abagera ku 2500 baturuka mu bihugu bisaga 12 bya Afurika ni bo bamaze kurangizamo amasomo.

Umukuru w’igihugu yibukije abarangije muri iyi Kaminuza ko bagomba kugira imitekerereze yo gufata inshingano zo gukemura ibibazo byugarije Umugabane wa Afurika kandi bakamenya ko byihutirwa.

Ati “Dukeneye gufata inshingano ku byo dufite kandi bikajyana no kumenya ubwihutirwe bw’ibintu.”

Ni kaminuza ikorera mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo, ahari umushinga wa Kigali Innovation City (KIC), washyizweho hagamijwe kubakwa igicumbi cy’ubumenyi mu by’ikoranabuhanga muri Afurika.

Muri 2016, ni bwo ALU yashinzwe na rwiyemezamirimo wo muri Ghana akaba n’inshuti y’u Rwanda, Fred Swaniker.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
5:51 am, Jul 27, 2024
temperature icon 17°C
scattered clouds
Humidity 59 %
Pressure 1016 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe