Perezida Kagame yahishuye impamvu yahagaritse kujya kureba Amavubi

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Perezida Kagame yashimangiye ko imikorere mibi n’umwanda wa ruswa n’amarozi biri mu mupira w’amaguru, ari byo byamubujije gusubira ku kibuga by’umwihariko kureba Amavubi akina.

Ni nyuma y’ubusabe bwa Jimmy Mulisa wakiniye Amavubi wamusabye kugaruka ku kibuga gushyigikira abakina.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Ku busabe bwo kuba yasubira ku kibuga ati “Ndabyumva ibyo bansaba ariko nanjye mfite ibyo mbasaba… icyatumye kenshi ngabanya kujyayo ni bo byaturutseho.”

Yavuze ko atajya mu bintu birimo ruswa n’amarozi, ko ari nayo mpamvu yahagaritse kujya ku kibuga. Ati “Ibintu nka biriya ntabwo bari bakwiriye kuba babyihanganira”.

Perezida Kagame yatanze urugero rumwe rw’umutoza wavaga mu Burasirazuba bw’u Burayi, wigeze no gutoza ikipe ya Ghana wamubwiye ko usanga n’abakinnyi buri umwe ari umutoza.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko niba ibyo bikiriho, byaba ari ikibazo aho umukinnyi wese ahinduka umutoza kandi ko aricyo cyatumye uwo mutoza asezera. Ati “Nanjye ni yo mpamvu nasezeye”.

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
1:13 am, May 20, 2024
temperature icon 17°C
broken clouds
Humidity 93 %
Pressure 1021 mb
Wind 6 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:57 pm

Inkuru Zikunzwe