Umugaba Mukuru w’ingabo za Centrafrica ari mu Rwanda

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Maj. Gen Zepherin Mamadou yageze mu Rwanda kuri uyu wa mbere Aho yakiriwe ndetse agirana ibiganiro n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique, Maj Gen Zépherin Mamadou , yasuye icyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda, ahabwa ikaze n’Umugaba w’Ingabo, Gen Mubarakh Muganga, baganira ku kwagura umubano n’imikoranire hagati y’ingabo z’ibihugu byombi.

Umugaba Mukuru w’ingabo za Centrafrica n’itsinda ayoboye bakiriwe n’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda

Maj Gen Zépherin Mamadou uri mu ruzinduko mu Rwanda kandi yanahuye na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda. Bagirana ibiganiro byagarutse ku bufatanye bw’ibihugu byombi mu gucunga umutekano.

Imyaka igiye kuzura ari 10 Ingabo z’u Rwanda zigeze muri Repubulika ya Centrafrica mu bikorwa byo kubungabunga umutekano. Icyiciro cya mbere cy’abasirikare ba RDF cyageze muri Centrafrica mu mwaka wa 2014 mu butumwa bwari ubw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, MISCA.

Mu 2020, u Rwanda rwohereje muri Centrafrique izindi ngaho binyuze mu masezerano hagati y’ibihugu.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
4:46 am, Jul 27, 2024
temperature icon 18°C
scattered clouds
Humidity 52 %
Pressure 1015 mb
Wind 2 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe