Abadepite basabye Minisitiri w’intebe gukemura ibibazo biri mu dukiriro

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu nteko ishingamategeko yagejeje ku nteko ishingamategeko uruhuri rw’ibibazo byugarije gahunda y’udukiriro. Iyi raporo yakorewe icukumbura muri Komisiyo yakozwe n’urwego rw’ubugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta.

Nyuma yo kwakira iyi raporo , Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yasabye Minisitiri w’Intebe kuyigaragariza ingengabihe y’ivugururamikorere ry’udukiriro hagamijwe kunoza imiyoborere.

Abadepite kandi basabye ko hanozwa ihuzabikorwa n’ikurikiranabikorwa by’udukiriro mu rwego rwo kudufasha kugera ku ntego twashyiriweho.

Inteko Rusange kandi yasabye kugaragarizwa uburyo bwo kuvugururwa gahunda y’Ikodeshagurisha hagamijwe ko abagenerwabikorwa bayo bayibyaza umusaruro no kwishyura inguzanyo bahabwa mu rwego rwo kugira ngo iyi gahunda igere kuri benshi bayikeneye.

 

Abadepite basabye Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda kugaragaza ingengabihe yo gukemurwa ikibazo cy’ibikoresho byahawe koperative zitandukanye zikorera mu dukiriro muri gahunda y’ikodeshagurisha bikaba bimaze imyaka 5 bidakoreshwa.

Gahunda y’udukiriro ni imwe mu zari zitezwe ho gutanga amahirwe ku rubyiruko rwize imyuga n’ubumenyingiro. Hakaba ahantu ho gukorera ibyo bize. Tugaragara mu turere twose tw’igihugu.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
5:49 am, Jul 27, 2024
temperature icon 17°C
scattered clouds
Humidity 59 %
Pressure 1016 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe