Abanyamahanga bagiye kwemererwa kuba abakozi ba Leta

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Umushinga w’itegeko rihindura itegeko No 07/2020 ryo kuwa 07/10/2020 rishyiraho sitati rusange y’abakozi ba Leta wasuzumwe n’abagize inteko ishingamategeko kuwa 06 Gicurasi urimo ingingo yemerera abanyamahanga kuba abakozi ba Leta. 

Uyu ni umushinga watangijwe n’umwe mu bagize inteko ishingamategeko Depute Uwamariya Odette. Asobanurira abagize inteko ishingamategeko impinduka zakozwe muri iri tegeko yagaragaje ko itegeko risanzwe ritahaga umwanya abanyamahanga kuba bakora mu nzego za Leta. Ingingo yaryo ya 09 iri mu zavuguruwe yateganyaga ko gusaba akazi ka Leta ugomba kuba uri umunyarwanda.

Hon Depute UWAMARIYA Odette

Depute Uwamariya yagize ati “Nyamara ba Nyakubahwa byagiye bigaragara ko Leta mu bihe bitandukanye yagiye ikenera gukoresha abanyamahanga bafite ubumenyi budasanzwe, cyane cyane muri “Priority sector” inzego zifatiye runini Igihugu, Aho abanyarwanda badafite ubumenyi bikenewe cyangwa byabaye ngombwa ko abo banyamahanga bakoreshwa.”

Mu mushinga w’itegeko uvuguruye hongewemo igika cy’irengayobora ko urwego rwa Leta rushobora gukoresha umunyamahanga hakurikijwe iteka rya Minisitiri ufite abakozi ba Leta mu nshingano. Hari bamwe mu bakoze imirimo ya Leta ari abanyamahanga.

Mu mwaka wa 2021 hari hatowe itegeko ryorohereza abafite ubumenyi ndetse n’impano bidasanzwe, igihugu gikeneye kuba bahabwa ubwenegihugu. Ibi ariko bigasaba kuba hari inyandiko urwego rukeneye uwo munyamahanga rugenera urutanga ubwenegihugu Nyarwanda, isobanura uburyo ubumenyi cyangwa impano byihariye usaba afite bikenewe mu Rwanda.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
11:07 am, May 19, 2024
temperature icon 25°C
light rain
Humidity 57 %
Pressure 1022 mb
Wind 11 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:57 pm

Inkuru Zikunzwe