Ibinini bivugwaho kubamo virusi y’ubukana byageze mu Rwanda?

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru y’ibinini byo mu bwoko bwa Paracetamol byanditseho P500 birimo Virusi y’ubukana kandi yica, ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyanyomoje aya makuru, kivuga ko bitari ku isoko ryo mu Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iki kigo taliki ya 01 Gashyantare 2024, rivuga ko Rwanda FDA imenyesha abantu bose ko nta bwoko bw’iyo miti ya Paracetamol buri ku isoko ry’u Rwanda.

Iki kigo cyaboneyeho kwizeza Abaturarwanda ko imiti yose ijya ku isoko ry’u Rwanda, ibanza kugenzurwa kandi igakomeza gukorerwa ubugenzuzi na nyuma y’uko ishyizwe ku isoko.

Iyi Virusi ya ‘Machupo’ byavuzwe ko iba muri ibi binini, izwiho ubukana budasanzwe, kuko uwo yafashe arangwa n’ibimenyetso bikomeye birimo kuva amaraso mu mazuru no mu kanwa, ndetse ko yica cyane.

 

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
5:42 am, Jul 27, 2024
temperature icon 17°C
scattered clouds
Humidity 59 %
Pressure 1016 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe