Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere yo kuruzamo

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda uri mu Rwanda yahageze avuye muri Kenya, aho yabanje kuvuga ko igihugu cye cyifuza kwagura umubano n’u Rwanda kuko kirubonamo umufatanyabikorwa mwiza kubera ibyo rukomeje kugeraho n’uburyo rubikora.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024, ubwo yari muri Kenya yitegura kurira rutemikirere imwerecyeza i Kigali mu Rwanda. Yavuze ko azanye abashoboramari mu gihugu gifite umuvuduko mu iterambere, kugira ngo ibihugu byombi byagure imikoranire mu nzego zinyuranye.

Andrzej Sebastian Duda, ni ku nshuro ya kabiri ageze muri Afurika; ikaba iya mbere ageze mu Rwanda, aragenzwa no kwagura imikoranire igihugu cye gifitanye n’amahanga, avuga ko igihugu cye gifite gahunda ngari yo gukorana n’umugabane wa Afurika mu nzego zitandukanye, kandi ko u Rwanda barubonyemo umufatanyabikorwa mwiza.

Kugeza ubu ubucuruzi bw’u Rwanda na Pologne bushingiye ku bikoresho bya gisirikare, ibinyampeke, imashini zo mu buhinzi, n’ibikoresho by’ikoranabuhanga, aho kugeza ubu hari abanyarwanda bagera ku 1 500 biga mu mashuri atandukanye yo muri Pologne.

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
9:03 am, Jul 27, 2024
temperature icon 19°C
few clouds
Humidity 55 %
Pressure 1016 mb
Wind 6 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 20%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe