Inyungu z’imitwe ya Politiki ntiziza imbere y’iz’igihugu – Perezida wa Sena

Umwanditsi 3
Yanditswe na Umwanditsi 3

Nyuma yo kunamira abanyepolitiki bazize kurwanya Jenoside bashyinguwe ku rwibutso rwo ku i Rebero, Perezida wa Sena, Dr. Kalinda François Xavier yatangaje ko umurongo abanyepolitiki bahisemo nyuma ya jenoside ari uwo gushyira imbere inyungu z’igihugu mbere y’inyungu z’imitwe ya Politiki. 

Dr. Kalinda yagaragaje ko uyu ari umwanzuro wavuye mu biganiro hagati y’umuryango wa FPR Inkotanyi n’amashyaka atarijanditse muri Jenoside byabaye nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida wa Sena y’u Rwanda avuga ko muri ibi biganiro havuyemo umwanzuro ukumira politiki ishingira ku ivangura n’amacakibiri, ahubwo ngo himikwa politiki y’ibiganiro byubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Dr Kalinda yashimangiye ko ubu abanyepolitiki bafite umukoro wo kurwanya imvugo zibiba urwango no guhangana n’abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yemeza ko bishoboka gukora politiki itavangura kandi igamije ineza y’igihugu. Yagize ati “Abanyepolitiki bibukwa ni urugero rwiza rwabo mu kwitandukanya n’ikibi no kwanga akarengane”. 

Perezida wa Sena washoje iminsi 7 y’icyunamo, yanenze cyane abanyepoltiki bo mu mashyaka ya Aprosoma, Parmehutu, MRND n’udushami twayo twibumbiye muri Hutu power yagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

TAGGED:
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
11:46 pm, Apr 29, 2024
temperature icon 22°C
scattered clouds
Humidity 78 %
Pressure 1020 mb
Wind 6 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:58 pm

Inkuru Zikunzwe