Muri UR kwiga indimi byagizwe itegeko

Umwanditsi 3
Yanditswe na Umwanditsi 3

Ubwo yagezaga ku bagize Inteko Ishingamategeko imitwe yombi ibyagezweho na guverinoma mu kunoza ireme ry’uburezi, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yatangaje ko bimwe mu byavuguruwe muri Kaminuza y’u Rwanda birimo n’amasomo ahatangirwa. Muri gahunda nshya ya Kaminuza y’u Rwanda, ngo buri munyeshuri agiye kujya abanza kwiga indimi bityo azabashe gusobanura ibyo yiga.

Ubusanzwe abanyeshuri bajyaga muri Kaminuza y’u Rwanda bigaga ururimi ry’icyongereza gusa bakiri mu mwaka wa mbere.

Minisitiri w’Intebe yagaragaje ko gahunda yo kwiga indimi ari gahunda nshya ariko ireba abanyeshuri bose. Yagize ati ” Abanyeshuri bo mu mwaka wa mbere bazajya biga indimi icyo yaba agiye gukomerezamo amasomo cyose.”
Mu yandi mavugurura yakozwe kandi, havuguruwe porogaramu z’amasomo zo mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda, zavuye ku 161 zigera kuri 88.

Muri Kaminuza y’u Rwanda kandi, ingengabihe nshya izajya itangira mu kwezi kwa Nzeri irangire mu kwezi kwa Kamena. Ku bijyanye n’amasaha yo kwigisha ku barimu, azaba 18 avuye ku 8 yari asanzweho.

Mu byo iyi Kaminuza yishimira kandi harimo ko umubare w’abarimu bigisha muri kaminuza mu Rwanda bageze ku 4 374. Muri aba abafite impamyabumenyi y’ikirenga ni 1105, bavuye kuri 687 mu mwaka wa 2018.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
10:01 pm, May 1, 2024
temperature icon 22°C
moderate rain
Humidity 78 %
Pressure 1018 mb
Wind 2 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:58 pm

Inkuru Zikunzwe