Abategetsi ba Santarafurika barindwa na Polisi y’u Rwanda

Umwanditsi 3
Yanditswe na Umwanditsi 3

Nyuma y’intambara z’abaturage hagati yabo zaranze igihugu cya Santaraafurika, Perezida Faustin Archange Touadera yatorewe kuyobora Central Africa mu 2016. Kuva ubwo arindwa n’abashinzwe kurinda umukuru w’igihugu b’abanyarwanda.

Uretse Perezida Touadera kandi hari abandi banyacyubahiro barindwa n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye bwahawe inyito ya MINUSCA.

Muri aba banyacubahiro harimo Minisitiri w’intebe w’icyo gihugu.

Intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye.

Abayobozi babiri b’inteko ishingamategeko imitwe yombi.

Minisitiri w’ubutabera

Umuyobozi w’abapolisi bose bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye. 

Ubu butumwa bw’umuryango w’abibumbye buzwi nka MINUSCA bwatangiye koherezwa mo abapolisi b’abanyarwanda kuva mu 2014. Uretse kurinda abanyacyubahiro muri Santarafurika ariko Kandi inshingano ziba zitegereje umupolisi w’u Rwanda zirimo kugarura ituze muri rubanda, kurinda abasivili, kugeza ubufasha ku babukeneye, kurinda abakozi b’umuryango w’abibimbye.

Kuri uyu wa 20 Mata abandi ba polisi 460 bo mu gipolisi cy’u Rwanda baratangira kurira indege bajya mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santarafurika aho bazamara amezi 12.

Mu butumwa bahawe n’ubuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa muri Polisi y’i Rwanda DIGP Vincent Sano kuri uyu wa gatanu yabasabye gukomereza ku bigwi ababanjirije muri icyi gihugu basize.

 

 

 

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
7:22 am, May 3, 2024
temperature icon 17°C
moderate rain
Humidity 100 %
Pressure 1021 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:57 pm

Inkuru Zikunzwe