u Rwanda rukomeje kunoza umubano n’uburayi bw’amajyaruguru

Umwanditsi Mukuru
Yanditswe na Umwanditsi Mukuru

Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta ari ku mugabane w’u Burayi aho akomeje kugirana ibiganiro n’aba Minisitiri batandukanye bo mu bihugu by’uburayi bigamije kunoza umubano wabyo n’u Rwanda. 

Minisitiri Dr. Biruta yitabiriye inama ya 21 y’aba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga izwi nka “Nordic – African Foreign Ministers meeting”. Ni inama igamije kureba uko hatezwa imbere ubuhahirane hagati y’ibihugu byo mu majyaruguru y’u burayi na Afurika.

Ku munsi wa mbere w’iyi nama Kandi Dr Biruta yagiranye ibiganiro byihariye n’aba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu birimo Noruvege,Algeria, Iceland, Suwede na Finland.

Mu biganiro bagiranye nk’uko bigaragazwa na Ministeri y’ububanyi n’amahanga byagarutse ku mahoro n’umutekano ndetse n’inzego zihariye ibi bihugu byagiranamo ubufatanye n’u Rwanda.

Muri uru ruzinduko kandi byitezwe ko Minisitiri Biruta asura icyanya cy’inganda cya Danemark ari kumwe na Minisitiri ufite inganda mu nshingano wa Danemark.

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
10:04 am, May 18, 2024
temperature icon 23°C
scattered clouds
Humidity 69 %
Pressure 1023 mb
Wind 6 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:57 pm

Inkuru Zikunzwe