Umuhanda Giporoso-Masaka ugiye kwagurwa ugire ibisate bine

Ubwanditsi
Yanditswe na Ubwanditsi

Minisiteri y’ibikorwaremezo yatangaje ko umuhanda Giporoso-Masaka ugiye kwagurwa ukagira ibisate bine, mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’imodoka ukunze kugaragara muri uyu muhanda.

Minisitiri w’ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko mu kunoza serivisi zo gutwara abantu hari kongerwa za bisi ari na ko hagurwa imihanda ishobora gukoreshwa.

Ati “Umuhanda uva Masaka ujya Giporoso, bigaragara ko ari umuhanda muto ugereranyije n’imodoka ziwugendamo tukaba dufite amahirwe ko uyu mwaka uzatangira kwagurwa ukagira ibisate bine, turizera ko bizagabanya kuko abantu bari hariya bafite ibibazo bikomeye by’imihanda turabibona buri munsi”.

Mu Mujyi wa Kigali hakozwe indi mihanda ishobora kwifashishwa cyane cyane n’abatwara imodoka zabo, irimo iri Kacyiru, uw’ahazwi nko mu Myembe mu Murenge wa Kimihurura, uwa Sonatube ujya Sahara ukagera Niboye n’iyindi.

Leta y’u Rwanda ivuga ko uyu muhanda uzatwara miliyoni 30 $ asigaye akazakoreshwa mu bindi mu yindi mishinga.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
4:13 am, May 20, 2024
temperature icon 18°C
broken clouds
Humidity 82 %
Pressure 1020 mb
Wind 3 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 75%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:57 pm

Inkuru Zikunzwe