MINEMA ikomeje gufata ingamba zo gukumira ibiza

Web Developer
Yanditswe na Web Developer

Abagize ihuriro nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda ((NFPO)
bagiriye inama Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ndetse na Guverinoma
muri rusange kongera imbaraga mu bushakashatsi butanga ibisubizo birambye ndetse
n’ubumenyi bufasha abaturage mu gukumira ibiza harwanywa n’imihindagurikire y’ibihe.

Mu kiganiro cyahuje abagize NFPO na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ku wa kane tariki ya 21 Werurwe 2024 aho baganiraga kuri politiki n’ingamba z’igihugu zo gukumira no kurwanya ibiza mu Rwanda, MINEMA yagaragarije iri huriro ibijyanye n’ishusho ya politiki yo gukumira ibiza, ndetse ivuga ko hagiye hashyirwaho uburyo bufasha abaturage kwitegura no kwirinda ibiza hashingiwe ku makuru atangwa n’Ikigo cy’Ubumenyi bw’Ikirere, Méteo Rwanda, ndetse n’ubundi bushakashatsi bugenda bukorwa. Ibyo byose ngo bikubiye muri politiki n’ingamba zo gukumira no kurwanya ibiza mu gihugu.

MINEMA ivuga ko ikorana n’izindi nzego mu kwirinda no gutanga ubundi bufasha ku batuye mu bice byibasirwa cyane n’ibiza.

Yakomeje ivuga ko kandi hajya hatangwa amahugurwa n’ubukangurambaga bufasha mu kurwanya no gukumira ibiza harimo ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ibindi bikorwa bishobora kwangiza ibidukikije bikagira n’ingaruka ku baturage.

 

 

 

 

 

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
8:58 am, Jul 27, 2024
temperature icon 19°C
few clouds
Humidity 55 %
Pressure 1016 mb
Wind 6 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 20%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe