Kwibuka30: Perezida Salva Kiir yasesekaye mu Rwanda

MUTANGANA Emmanuel
Yanditswe na MUTANGANA Emmanuel

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, yageze mu Rwanda mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, aho aje kwifatanya n’Abanyarwanda n’inshuti mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, Perezida Salva Kiir, yakiriwe n’itsinda ry’abayobozi bo mu Rwanda riyobowe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe.

Perezida Salva Kiir azaba ari mu gikorwa cyo gutangira icyumweru cy’icyunamo ku rwibutso rwa Kigali no muri B.K Arena kuri uyu wa 7 Mata 2024.

Perezida Salva Kiir usanzwe anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yaherukaga mu Rwanda mu mpera za Gashyantare 2024.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
6:48 pm, May 19, 2024
temperature icon 25°C
light rain
Humidity 57 %
Pressure 1018 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 5:55 am
Sunset Sunset: 5:57 pm

Inkuru Zikunzwe