Kwibuka30: Visi Perezida wa Kenya yageze mu Rwanda

Web Developer
Yanditswe na Web Developer

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu, aho yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali yakiriwe na Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel.

U Rwanda na Kenya bifitanye umubano umaze igihe, ugaragara mu butabera, ubucuruzi, ubuhinzi, uburezi, ikoranabuhanga n’itumanaho, umutekano n’ibindi, ndetse no mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi hari benshi bahungiye muri Kenya.

Visi Perezida Gachagua yaherukaga mu Rwanda mu Kwakira 2024 ubwo yari yitabiriye itangizwa ry’inama y’urubyiruko izwi nka ‘YouthConnekt’.

Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Iteganyagihe

loader-image
Kigali, RW
6:09 am, Jul 27, 2024
temperature icon 17°C
scattered clouds
Humidity 59 %
Pressure 1016 mb
Wind 5 mph
Wind Gust Wind Gust: 0 mph
Clouds Clouds: 40%
Visibility Visibility: 0 km
Sunrise Sunrise: 6:05 am
Sunset Sunset: 6:06 pm

Inkuru Zikunzwe